Rwanda Development Gateway National University of Rwanda
Kinyarwanda  |   Francais  |   English 
ABOUT US SITEMAP FEEDBACK NEWS HOME
   Guverinoma
   Amateka
   Ubuhanga Kamere
 
   Amakoperative N’amashyirahamwe
   Amakuru Agenewe Icyaro
   Amakuru Y’Ubukerarugendo
   Ibidukikije
   Ikoranabuhanga N’itumanaho
   Imiryango Itegamiye Kuri Leta
   Ishoramari
   Ubucuruzi N’Inganda
   Ubuhinzi
   Ubukungu N’iterambere
   Uburezi
   Uburinganire n’ Amajyambere
   Ubuzima
 
   Amasoko & Igurwa Ry’Ibikenewe
   Amatangazo
   Gusohora inyandiko
   Ibinyamakuru
   Imiryango itegamiye kuri Leta
   Shaka Akazi
 
   Amabanki
   Ibigo by’Ubwishingizi
   Ambasade & Misiyo
 
Itangiro Amakuru Politiki
Gasingizwa - Umubare w’abagore mu Nteko si wo kamara

Date: 19-septembre 2008

Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Igihugu y’Abagore (NWC), Oda Gasinzigwa, yatangaje ko icyo bagamije atari ukugira umubare munini w’abadepite mu Nteko ahubwo ko bashaka abagore bashoboye kandi baharanira uburinganire.

Ku wa gatatu nibwo hatowe abagore 24 ku rwego rw’Akarere, bakazahagararira abagenzi babo mu Nteko.

Abo baje biyongera ku bandi bari batowe ku rwego rw’amashyaka. Umubare w’abagore mu nteko ubu umaze kugera rero kuri 56,25% mu gihe umwaka ushize bari 48%.

Uwo mubare kandi ushobora kwiyongera mu gihe hagitegerejwe amatora ibiva mu matora y’abahagarariye urubyiruko n’abamugaye.

Gasinzigwa yagize ati “Intego yacu si ukugira 70 cyangwa 80% mu Nteko nk’uko abantu babikeka...icyo dushyize imbere ni abagore bashoboye kandi - abatowe kandi bafite ubwo bushobozi.”

Yashimye kandi politiki iriho iha amahirwe angana abagore n’abagabo, bityo ntibahagararirwe mu Nteko gusa ahubwo no mu zindi nzego z’ubuyobozi.

Yakomeje asobanura ati “Icyo dushyira imbere si uguhangana n’abagabo. Icyo dushaka ni ukugira uruhare mu iterambere ry’igihugu cyacu. Niyo mpamvu umubare atariwo wa ngombwa cyane.”

Icyagaragaye ni uko benshi mu bagore bari basnzwe mu Nteko batabashije kubona amajwi atuma babona indi manda. Amajwi yatangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), ku wa gatatu yerekana ko bane gusa aribo bagarutse mu Nteko.

Gasinzigwa yamaganye abavuga ko kuba abo bagore batarotowe ari uko bataba barajuje neza inshingano zabo nk’abadepite, avuga ko Inteko inengwa muri rusange akenshi batareba umudepite ku wundi.

Ati “Bakorera hamwe n’ubwo baba baratorewe mu duce dutandukanye...iyo bageze mu Nteko,bakorera hamwe bakorera Abanyarwanda”. Yakomeje avuga ko amatora atari yoroshye dore ko hahatanaga abagore 114.

Ati “Abatowe gusa ni uko biyamamaje neza kurusha abandi kandi bakerekana ubushobozi bwisumbuye.”

Amakuru ya The New Times

Shaka


Ingingo z'amakuru

Amakuru y'avuba




Privacy Policy  |   Advertise With Us  |   Contact Us
© Copyright 2005, Rwanda Development Gateway. All Rights Reserved.