 |
Disi aragera mu Budage kuri uyu mugoroba
19 août 2009: Dieudonné Disi ategerejwe i Berilini mu Budage kuri uyu mugoroba, mbere y'iminsi ibiri ngo arushanwe muri marato, mu mikino ngororangingo ya 12 ku rwego rw'isi yatangiye ku wa gatandatu ushize.
|
 |
Disi yiteguye neza amarushanwa y’isi
14 août 2009: Dieudonne Disi yemeje ko yiteguye neza amarushanwa y'isi ya 12 y'imikino ngororangingo azabera mu i Berilini mu Budage kuva ku wa 15 kugeza ku wa 23 Kanama.
|
 |
Hertha Berlin irifuza kugura Haruna
10 août 2009: Ikipe ya Hertha Berlin ikina mu kiciro cya mbere cya Shampiyona ya Bundesliga yo mu Budage, irashaka kugura umukinnyi wo hagati wa APR n'Amavubi, Haruna Niyonzima.
|
 |
Basket - U Rwanda rwatsinze Senegale
10 août 2009: Ku munsi w'ejo u Rwanda rwaratunguranye rutsinda ikipe ya Senegale mu marushanwa Nyafurika ya Basket Ball ari kubera Libiya. Muri uyu mukino wa 1/8 cy'amarushanwa u Rwanda rwatsinze 72-59.
|
 |
Atraco FC irashyize itwara igikombe cy’Amahoro
4 août 2009: Ku nshuro ya mbere mu mateka yayo, ikipe ya ATRACO FC yashoboye kwegukana igikombe cy'amahoro(MTN PEACE CUP) nyuma yo gutsinda ikipe ya Mukura igitego 1-0. Uyu mukino wabereye kuri sitade Amahoro i Remera kuri uyu wa gatandatu, 1 Kanama 2009.
|
 |
Atraco yatahanye igikombe cya Cecafa
13 juillet 2009: Ikipe ya Atraco FC yagiye guhagararira u Rwanda mu mikino y'uyu mwaka ya Cecafa/Kagame Cup yaberaga muri Sudani, yegukanye igikombe itsinze El Merreikh yo muri icyo gihugu 1-0.
|
 |
Katauti yashakanye n’umukinnyi wa filimu
13 juillet 2009: Umwe mu bakinnyi b'ibihangange mu ikipe y'Amavubi, Hamad Ndikumana ‘Katauti' yashakanye n'umukinnyi wa filimu mu gihugu cya Tanzaniya bamaze igihe bakundana, Irene Uwoya.
|
 |
Ham Kam irasaba Frw miliyoni 565 kuri Karekezi
9 juillet 2009: Ikipe yo mu kiciro cya kabiri mu gihugu cya Noruveje, Ham Kam, irasaba amadorali miliyoni imwe (Frw miliyoni 565) kugira ngo itange umukinnyi ukomoka mu Rwanda Olivier Karekezi.
|
 |
Ikipe ya Karate yatumiwe mu marushanwa y’Afurika mu Misiri
25 juin 2009: Ikipe y'igihugu ya Karate yabonye ubutumire bwo kujya mu Mikino y'Afurika y'Urubyiruko iteganyijwe kuva ku itariki ya 1 kugeza kuya 8 Kanama, i Kayiro muri Misiri.
|
 |
Ibyamamare mu mupira w’amaguru byashyigikiye impfubyi zo mu Rwanda
23 juin 2009: Kuri uyu wa mbere tariki ya 22 Kamena abakinnyi b'Abanyafurika b'ibyamamare mu mupira w'amaguru nibwo basesekaye i Kigali, aho bahise bakina umukino wa gicuti n'ikipe y'Amavubi, ikabatsinda ibitego 4-0.
|
 |
U Rwanda rutangiye imyitozo y’igikombe cy’Afurika cya Basket-Ball
19 juin 2009: U Rwanda rwiyemeje kuzana umwanya mwiza mu marushanwa Nyafurika ya Basket-Ball azaba uyu mwaka, ibyo akaba aribyo byatumye urugaga rwa Basket rufata icyemezo cyo gutangiza imyiteguro hakiri kare.
|
 |
Eto’o na Drogba mu Rwanda
17 juin 2009: Samuel Eto'o Fils na Didier Drogba bari mu bakinnyi bazaba bagize ikipe y'ibyamamare by'Abanyafurika bizakina n'Amavubi mu mukino wo gutera inkunga igikorwa cya ‘One Dollar campaign'.
|
 |
Marato ya Kigali izatwara Frw miliyoni 46
18 mai 2009: Marato Mpuzamahanga ya Kigali y'uyu mwaka izaba ku itariki ya 24 Gicurasi izatwara amafaranga y'u Rwanda miliyoni 46.
|
 |
Ikipe y’u Rwanda ya Karate yabuze amafaranga yo kujya mu mikino y’akarere ka 5
14 mai 2009: Ibibazo by'ubukungu bivugwa hirya no hino ku isi byageze no muri siporo. Ibi byagaragaye y'uko ishyirahamwe rya Karate mu Rwanda ribuze Frw miliyoni 10 zo kujya mu mikino y'Akarere ka gatanu izabera Nayirobi-Kenya kuva ku wa 27 kugeza ku wa 30 Gicurasi.
|
 |
Ibyamamare mu kwiruka ntibizitabira Marato mpuzamahanga ya Kigali
13 mai 2009: N'ubwo ariyo marushanwa yo gusiganwa ku maguru akomeye kurusha ayandi mu Rwanda, ibyamamare muri uwo mukino ntabwo bizitabira Marato Mpuzamahanga ya Kigali y'uyu mwaka.
|
 |
U Rwanda rwasubiye inyuma ku rutonde rwa Fifa
8 mai 2009: U Rwanda rwasubiye inyuma umwanya umwe ku rutonde rwa Fifa rw'ukwezi gushize rwasohotse ku wa gatatu. N'ubwo rwavuye ku mwanya wa 83 rukajya ku wa 84 ku isi yose, u rwanda rwagumanye umwanya warwo wa kabiri muri karere ka Cecafa, inyuma ya Uganda.
|
 |
Amavubi azatangira imyitozo kuri 12 Gicurasi
6 mai 2009: Ikipe nkuru y'Amavubi bazatangira imyitozo yabo ku wa 12 Gicurasi, bitegura guhangana n'ikipe ya Zambiya. Uyu mukino uzabera Lusaka muri Zambiya ku wa 6 Kamena, uri mu rwego rw'amajonjora y'Igikombe cy'Isi n'icy'Afurika cy'ibihugu bizaba muri 2010.
|
 |
Zambiya yatangiye imyitozo, Amavubi ntarahamagarwa
3 mai 2009: Ikipe y'igihugu ya Zambiya, Kiporoporo, yashyize ahagaragara urutonde rw'abakinnyi bazahatana n'Amavubi ku wa 6 Kamena. Mu gihe abazakinira u Rwanda bataramenyekana, Zambiya yahise itangira imyitozo nyuma yo gusohora uru rutonde ku itariki ya 1 Gicurasi.
|
 |
U Rwanda ruzakira igikombe cy’Afurika cy’amakipe muri Basketball
26 avril 2009: Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry'Umukino wa Basketball (FIBA) ryemereye u Rwanda, kwakira irushanwa ry'igikombe cy'Afurika ku makipe yabaye aya mbere iwayo aturutse mu turere turindwi tugize umugabane w'Afurika muri basketball.
|
 |
Uzamukunda yagiye gukinira ikipe ya Nantes mu Bufaransa
20 avril 2009: Umukinnyi wa'Amavubi n'ikipe ya APR, Elias Uzamukunda, yarangije gusinyana amasezerano y'imyaka ibiri na ‘ikipe ya Nantes FC yo mu kiciro cya mberemu gihugu cy'Ubufaransa.
|
 |
Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kwakira amarushanwa ya gisirikare yo muri EAC
18 avril 2009: Ku nshuro ya mbere u Rwanda rurateganya kwakira amarushanwa y'imikino y'icyiciro cya kabiri y'ingabo zo mu bihugu by'Umuryango w'Afurika y'Iburasirazuba (EAC) guhera tariki ya 14 kugera ku ya 26 Kamena 2009 nyuma y'uko icyiciro cya mbere cyakiriwe na Uganda muri Kamena 2008.
|
 |
Saidi Abedi mu kiciro cya kabiri
17 avril 2009: Umukinnyi w'icyamamare mu ikipe y'Amavubi, Saidi Abedi Makasi yagiye mu ikipe ya Union Sport yo mu kiciro cya kabiri, nk'uko byemejwe n'ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda, Ferwafa.
|
 |
Ishuri rya mbere ry’umupira w’amaguru rizatangira kuri iki cyumweru
17 avril 2009: Ishuri ryigisha umupira w'amaguru rimaze igihe ritegerejwe riteganyijwe gutangira kuri iki cyumweru, nk'uko byatangajwe n'urugaga rw'umupira w'amaguru mu Rwanda, Ferwafa.
|
 |
Abakunzi ba Rutsindura bamufata nk’intwari
14 avril 2009: Abakunzi b'umukino wa volleyball, inshuti n'abavandimwe b'umuryango wa Alphonse Rutsindura bazirikana ubutwari bwaranze uyu mugabo wakinnye ndetse agatoza umukino wa volleyball, mbere yo kuzira Jenoside y'Abatutsi.
|
 |
Disi yabaye uwa 18 muri marato y’i Parisi
6 avril 2009: Dieudonné Disi yarangije isiganwa rya marato ry'i Parisi mu Bufaransa ku mwanya wa 18. Ni inshuro ya mbere Disi yari yitabiriye iri rushanwa ribaye ku nshuro ya 33, imyanya ya mbere ikaba yarihariwe n'Abanyakenya n'Abanyetiyopiya.
|
 |
Ikipe y’Urwanda ibonye umwanya mwiza
1er avril 2009: Ikipe y'u Rwanda yarangije amarushanwa mpuzamahanga ya 37 yo gusiganwa ku maguru ari iya 10 mu makipe 39. Aya marushanwa yo kwiruka mu mihanda isanzwe "Cross Country" yabereye Amani muri Jorudaniya mu mpera z'icyumweru gishize.
|
 |
Ikipe ya APR FC n’abakunzi bayo basezeye umutoza Feller warangije imirimo ye
31 mars 2009: Ubuyobozi bukuru ndetse n'abafana b'ikipe ya APR FC, kuri iki cyumweru bahuriye mu gikorwa cyo gusezera uwari umutoza mukuru w'iyi kipe René Feller warangije amasezerano yari afitanye n'iyi kipe.
|
 |
Ikipe y’imikino ngororangingo yagiye Amani mu marushanwa mpuzamahanga
25 mars 2009: Nyuma y'iminsi icumi imaze mu myitozo ikomeye, ikipe y'igihugu y'imikino ngororangingo irahaguruka i Kigali kuri uyu munsi, yiyemeje kuzitwara neza mu marushanwa y'ishyirahamwe mpuzamahanga y'imikino ngororangingo, IAAF, azaba mu mpera z'iki cyumweru.
|
 |
BRD na Electrogaz byateye inkunga amarushanwa ya Basiketi ya Zone ya gatanu
20 février 2009: Banki itsura Amajyambere y'u Rwanda (BRD) n'ikigo gitanga amazi n'amashanyarazi, Electrogaz, byiyemeje gutera inkunga amarushanwa ya Basiketi ya Zone ya gatanu y'uyu mwaka. Ayo marushanwa azatangira ku wa 23 Gashyantare arangire ku 1 Werurwe 2009, akazabera kuri Sitade Amahoro.
|
 |
Marato ya Puerto Rico ntiyahiriye abakinnyi baserukiye u Rwanda
10 février 2009: Abakinnyi b'u Rwanda basiganwa ku maguru bari bitabiriye irushanwa ry'icya kabiri cya marato rya San Blas ntibabashije gutahana ibihembo.
|
 |
Gana niyo yatahanye igikombe cya CAN y’ingimbi
2 février 2009: Ikipe y'igihugu cya Gana niyo yatwaye igikombe cy'ibihugu cy'Afurika cy'abatarengeje imyaka 20 itsinze Kameruni ibitego bibiri ku busa.
|
 |
Amwe mu makipe azakina CAN yatangiye gusesekara i Kigali
12 janvier 2009: Kuwa gatanu tariki ya 9 Mutarama 2008 nibwo amakipe amwe yatangiye gusesekara i Kigali mu rwego rwo kwitabira imikino y'igikombe cy'Afurika cy'abatarengeje imyaka 20 kizatangira ku ya 18 Mutarama kugeza kuya 2 Gashyantare 2008.
|
 |
Amavubi mato akomeje gutanga icyizere
30 décembre 2008: Ikipe y'igihugu y'umupira w'amaguru y'abatarengeje imyaka 20, ikomeje guha abafana bayo icyizere ko ishobora kwitwara neza mu gikombe cy'Afurika kizabera mu Rwanda. Ku wa gatandatu nibwo yatsinze ikipe Le Bizerte yo muri Tuniziya, aho iri mikino ya gicuti. Uyu ubaye umukino wa kabiri ihakiniye ikanawutsinda.
|
 |
Amavubi y’abatarengeje 17 yatsindiwe Burukinafaso
11 novembre 2008: Ikipe y'igihugu cy'u Rwanda y'abatarengeje imyaka 17 ntiyashoboye kwivana imbere y'ikipe ya Burukinafaso, mu guhatanira itike yo kujya mu mikino ya nyuma y'igikombe cy'isi cy'abatarengeje imyaka 17.
|
 |
U Rwanda ntiruzitabira amarushanwa y’imodoka azabera Tanzaniya
1er février 2008: U Rwanda ntiruzitabira ikicaro cya mbere cya Shampiyona Nyafurika yo gusiganwa n'imodoka, ARC, kizatangira ku itariki ya 9 Gashyantare muri Tanzaniya.
|
 |
Karekezi yagiye mu ikipe ya Ham Kam
22 janvier 2008: Olivier Karekezi wari umaze iminsi akinira mu gihugu cya Suwede yahavuye yerekeza mu ikipe ya Ham Kam ikina muri shampiyona y'ikiciro cya mbere mu gihugu cya Noruveje.
|
 |
Amavubi yatangiye kwitegura Cecafa
27 novembre 2007: Ikipe y'igihugu y'umupira w'amaguru, Amavubi, yatangiye imyitozo y'igikopmbe cya Cecafa kizabera i Dar es Salaam muri Tanzaniya umwaka utaha.
|
 |
U Rwanda rwabuze umutoza w’igihangange
2 novembre 2007: Abakinnyi, abatoza n'abakunzi ba siporo bari mu gahinda k'umutoza wa Basiketi, Jean de Dieu Nizeyimana waguye mu bitaro by'Umwami Fayisali mu ijoro ryo ku wa kabiri.
|
 |
Abakinnyi b’u Rwanda bongeye gutorokera mu Burayi
4 octobre 2007: Nk'uko byabaye umuco muri siporo yo mu Rwanda, abakinnyi batorokeye mu Burayi aho bari bagiye bahagarariye ikipe y'igihugu y'umupira w'amaguru.
|
 |
Disi arasaba inkunga
6 septembre 2007: Dieudonne Disi, umaze igihe ariwe witwara neza mu baserukira u Rwanda mu kwiruka ahantu harehare yahamagariye guverinoma guteganyiriza,...
|
 |
U rwanda ruzakira amarushanwa ya basiketi kuva mu mpera z’icyumweru
4 septembre 2007: Amakipe ya Basiketi aturutse mu bihugu 11 byo muri Afurika azitabira amarushanwa azamara icyumweru, kuva ku itariki ya munani Nzeri i Kigali.
|
 |
APR yongeye kuza ku isonga rya shampiyona
1er août 2007: Ku munsi wa 17 wa shampiyona y'u Rwanda ya Primus, ikipe ya APR FC yongeye kwegukana umwanya wa mbere n'amanota. APR ikaba yaranganyije n'ikipe ya Kibuye ubusa ku busa mu mpera z'icyumweru.
|
 |
Rayon Sport ni iya mbere muri shampiyona
12 juillet 2007: Ikipe ya Rayon Sport niyo yafashe umwanya wa mbere muri shampiyona y'u Rwanda imaze gutsinda Police FC ibitego 5 ku busa, mu mpera z'icyumweru.
|
 |
Ikipe ya basiketi yatangiye imyitozo
25 mai 2007: Mu rwego rwo kwitegura imikino y'igikombe cy'Afurika izabera muri Angola kuva kw'itariki ya 15 kugeza ku ya 26 Kanama 2007, ikipe y'u Rwanda ya basiketi yatangiye imikino. Abakinnyi bitoza buri munsi kuva saa kumi n'imwe n'igice kugeza saa mbiri z'ijoro kuri sitade nto yo ku Mahoro.
|
 |
Ikipe y’iteramakofe y’u Rwanda ntizajya mu marushanwa Nyafurika
22 mai 2007: Abakinnyi b'iteramakofe mu Rwanda ntibazitabira amarushanwa Nyafurika, All Africa Games, it has been confirmed. Ikipe y'igihugu y'iteramakofe iri muri Madagasikari aho iri mu yindi mikino Nyafurika. Nyamara, n'ubwo babona imidari ya zahabu nitabazajya muri All Africa Games muri Nyakanga.
|
 |
Ibihugu 28 byitabiriye Marato y’amahoro ya Kigali
14 mai 2007: Isiganwa ku maguru mpuzamahanga ry'amahoro ribera mu mugi wa Kigali ryabaye ku nshuro ya gatatu rihuza abantu 2 309 baturutse mu bihugu 28 bo muri Afurika, Uburayoi, Amerika na Oseyaniya. Imyanya ya mbere y'iri siganwa ryabaye ku cyumweru tariki ya 13, yatwawe n'Abanyakenya.
|
 |
Basiketi na Vole : Abahungu bo mu Rwanda bitwaye neza mu marushanwa atandukanye
7 mai 2007: Mu marushanwa yo kwibuka uwahoze ari umutoza w'icyamamare w'ikipe ya basiketi ya Dynamo yo mu gihugu cy'Uburundi, Jérémie Nduwumuremyi, Mastylo, ikipe ebyiri z'u Rwanda nizo zahuriye ku mukino wa nyuma maze APR itsinda Espoir ibitego 77 kuri 68.
|
 |
Ikipe y’abamugaye izatangira kwitoza icyumweru gitaha
7 mai 2007: Ikipi y'abamugaye y'u Rwanda izatangira imyiteguro yo kujya mu Mikino Nyafurika mu cyumweru gitaha,
|
 |
U Rwanda ntiruzakira amarushanwa
3 mai 2007:
|
 |
APR yaratsinze naho ATRACO itsindirwa hanze
6 mars 2007: Amakipe abiri y'u Rwanda ari mu marushanwa nyafurika yakinnye imikino yayo ya mbere ku wa 3 Werurwe, akaba yombi yari mu mikino ya 1/16.
|
 |
Amarushanwa ya basiketi yatwaye miliyoni 90
15 février 2007: Amafaranga arenga miliyoni 92 niyo yatanzwe mu marushanwa ya basiketi ya Zone V amaze iminsi iminsi abera i Kigali, nk'uko byatangajwe n'abayobozi ba federation ya basiketi mu Rwanda (FERWABA). Aya marushanwa akaba ari amajonjora y'Imikino Nyafurika n'Imikino y'igikombe cy'Afurika cy'ibihugu.
|
 |
Icyumweru cy’imikino muri Kigali
5 février 2007: Kuva k'Umunsi Mukuru w'Intwari wabaye ku wa kane, tariki ya mbere Mutarama kugeza ku cyumweru Umujyi wa Kigali k'ubwumwihariko no hirya no hino mu gihugu habereye imikino inyuranye nka basiketi, umupira w'amaguru n'indi.
|
 |
APR na ATRACO byagiye gukina hanze
26 janvier 2007: Ikipi ebyiri za mbere mu Rwanda zagiye, kuri uyu wa kane, mu Burundi no muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) mu mikino y'igikombe CAF y'amakipe yabaye aya mbere iwabo.
|
 |
Igikombe cyitiriwe Kagame kirakinirwa i Kigali
8 janvier 2007: Imikino y'igikombe cyitiriwe perezida Kagame izatangira kuri uyu wa gatandatu, 6 Mutarama, kuri sitadi Amahoro. Iyo mikino izitabirwa n'amakipe icyenda agabanyije mu matsinda abiri.
|
 |
Amavubi atangiye neza imikino ya CECAFA
28 novembre 2006: Mu mukino wayo wa mbere, ikipi y'igihugu cy'u Rwanda "Amavubi" yatsindiye Adisi Abeba muri Etiyopiya, ikipe y'igihugu cya Somaliya ibitego bitatu ku busa, hakaba hari ku wa mbere 27 Uguhsyingo mu guhatanira igikombe cya CECAFA.
|
 |
Amavubi agiye gutangira gutegura umukino uzayahuza n’ikipe ya Kameruni
3 août 2006: Amavubi azatangira kwitegura umukino uzayahuza n'ikipe ya Kameruni ku itariki ya 14 Kanama nk'uko bitangazwa n'ibiro by'itangazamakuru Panapress
|
 |
Ministeri y’urubyiruko yahuje urubyiruko rwo muri za kaminuza
29 septembre 2005: Minisiteri y'Urubyiruko Umuco na Siporo yahuje urubyiruko rwo muri za Kaminuza zo mu Rwanda iza leta n'izigenga, n'andi mashyirahamwe y'urubyiruko mu nzego zinyuranye zo mu Rwanda
|